Jya mu nzira nyamukuru Jya ku bintu nyamukuru Simbuka kurupapuro

Itegeko ryerekeye kurinda amakuru bwite n’imibereho bwite by’umuntu

Ingingo ya 64

Urwego rushinzwe gukemura amakimbirane

Urwego rugenzura ni rwo rwego rushinzwe gukemura amakimbirane yavuka afitanye isano n’iri tegeko. 

Icyakora, umuntu utishimiye ikemurwa ry’amakimbirane avugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo ashobora kuregera urukiko rubifitiye ububasha.

Ingingo ya 65

Uburenganzira bwo kuregera indishyi

Umuntu wagizweho ingaruka zikomeye n’ibikorwa by’umugenzuzi w’amakuru cyangwa utunganya amakuru utubahirije iri tegeko afite uburenganzira bwo kuregera indishyi mu rukiko rubifitiye ububasha. 

Icyakora, umugenzuzi w'amakuru cyangwa utunganya amakuru ntibaryozwa igihombo cyabaye iyo bigaragaye ko nta ruhare babigizemo.

Ingingo ya 66

Ububasha bwo gushyiraho amabwiriza

Urwego rubifitiye ububasha, mu mikoranire n'urwego rugenzura, rushobora gushyiraho amabwiriza yihariye agenga kurinda amakuru bwite n’imibereho bwite bya nyiri ubwite. 

Ayo mabwiriza avugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo agomba kubahiriza ibiteganywa n’iri tegeko.

Ingingo ya 67

Igihe cy’inzibacyuho

Umugenzuzi w’amakuru cyangwa utunganya amakuru usanzwe ukora, ahawe igihe kitarenze imyaka ibiri (2) uhereye igihe iri tegeko ritangarijweho mu Igazeti ya Leta ya Repubulika y’u Rwanda kugira ngo ahuze ibikorwa bye n’ibiteganywa n’iri tegeko.

Ingingo ya 68

Itegurwa, isuzumwa n’itorwa by’iri tegeko

Iri tegeko ryateguwe mu rurimi rw’Icyongereza, risuzumwa kandi ritorwa mu rurimi rw’Ikinyarwanda.

Ingingo ya 69

Ivanwaho ry’ingingo zinyuranyije n’iri tegeko

Ingingo zose z’amategeko abanziriza iri kandi zinyuranye na ryo zivanyweho.

Ingingo ya 70

Igihe iri tegeko ritangira gukurikizwa

Iri tegeko ritangira gukurikizwa ku munsi ritangarijweho mu Igazeti ya Leta ya Repubulika y’u Rwanda.