Uyu munsi, abakozi b’Ibiro bishinzwe kurinda amakuru bwite (DPO) bateguye ikiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Gusobanukirwa no Gushyira mu bikorwa Amategeko agenga Kurinda Amakuru bwite y’Umuntu”. Icyo kiganiro cyahurije hamwe abakozi bashinzwe kurinda amakuru bwite baturutse mu bigo bitandukanye. Iki kiganiro cyibanze ku Itegeko ry’u Rwanda No. 058/2021, ryerekeye kurinda amakuru bwite n’imibereho bwite by’umuntu, cyererekana akamaro ko kurinda amakuru bwite y’abantu muri iki ikoranabuhanga riteye imbere.
Abitabiriye beretswe ingingo z’ingenzi zirindwi: gukurikiza amategeko, gukorera mu mucyo, impamvu amakuru yasabiwe gutunganywa, kugabanya amakuru akenewe, gukurikiza ukuri, kugabanya igihe cyo kubika amakuru, ubunyangamugayo no gufata inshingano. Izi ngingo ni zo shingiro ry’imicungire y’amakuru mu buryo buboneye kandi zifasha ibigo kubika no gukoresha amakuru y’abantu mu buryo buboneye kandi butekanye.
Muri iki kiganiro kandi hashimangiwe ko kubahiriza amategeko birenze kuba umuntu yujuje ibisabwa n’amategeko, ahubwo bituma habaho kubaka icyizere, kunoza imikorere, no guhatana ku isoko mu nzego zitandukanye, mu gihe hanatezwa imbere imikoreshereze y’amakuru mu buryo buboneye. Mu bindi, kurinda amakuru bwite byagaragajwe nkuburyo bwo guteza imbere umuco wo kubazwa inshingano no kugirirwa icyizere, bityo bikaba ishingiro ry’ukwizerwa no guteza imbere guhanga ibishya.