Jya mu nzira nyamukuru Jya ku bintu nyamukuru Simbuka kurupapuro

DPO yahuje ku kunoza amabwiriza agenga imibereho bwite y’abantu mu Rwanda

Uyu munsi, abakozi b’Ibiro Bishinzwe Kurinda Amakuru Bwite (DPO) bahuje abafanyabikorwa mu nama ku mabwiriza yerekeye imibereho bwite y’abantu, afite aho ahuriye n’Itegeko ryerekeye kurinda amakuru bwite n’imibereho bwite by’umuntu. Iyo nama yahuje abahagarariye inzego zitandukanye zirimo Minisiteri y’Ubutabera, Banki Nkuru y’u Rwanda, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), Ikigo Gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n'Imiti mu Rwanda (Rwanda FDA), ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe ivugurura ry’amategeko (Rwanda Law Reform Commission).

Abitabiriye iyi nama batanze ibitekerezo bigamije gukomeza kubahiriza amategeko mu buryo bunoze. Iyo nama yabaye urubuga rwo kuganira mu buryo bunonosoye ku mabwiriza, kuyatangaho ibisobanuro ibitandukanye no gutanga ibitekerezo ku byerekeye ibisabwa mu kwiyandikisha ndetse n’ingingo zerekeye imyitwarire idakwiye.

Mu guhuza abafatanyabikorwa, abakozi ba DPO bararushaho gushimangira ubushake bw’U Rwanda bwo kurinda amakuru bwite y’abantu no kubaka urwego rw’ikoranabuhanga rwizewe. Ibitekerezo byakusanyijwe bizafasha mu kunoza amabwiriza no gushyigikira ishyirwa mu bikorwa ryayo muri gahunda yo kurinda amakuru.