Guhera ku itariki ya 26 kugeza ku ya 30 Mutarama 2026, u Rwanda binyuze mu Biro bishinzwe Kurinda Amakuru Bwite (DPO) ruzakora ubukangurambaga bugamije gushimangira umuco wo kurinda amakuru bwite n’imibereho bwite by’umuntu mu gihugu hose.
Iyi gahunda igendanye n’Itegeko Nº 058/2021 ndetse n’ishyirwaho rya DPO mu mwaka wa 2022, bimaze gutanga umusanzu ufatika mu kwandikisha no guha ibyemezo inzego zitandukanye. Gusa ubu bukangurambaga bugamije kwibutsa ibigo bitandukanye ko kubahiriza amategeko bidahagararira ku kubona ibyemezo gusa, bisaba gufata inshingano, gukorera mu mucyo, no guhora wiyemeje kurinda amakuru y’abantu.
Ubukangurambaga buzanyuzwa mu itangazamakuru, gahunda z’uburezi, ndetse n’inama mpuzamahanga, kugira ngo amahame yo kurinda amakuru aboneke kandi asobanuke kuri bose. Mu gushimangira ubuzima bwite mu bitekerezo by’igihugu, iyi gahunda igamije kubaka icyizere hagati y’abaturage n’institusiyo, no kugaragaza ko kurinda amakuru bwite ari umurimo uhoraho.
Mu by’ukuri, ubu bukangurambaga ni urugendo rwo guha abaturage ubushobozi, guteza imbere ubwenegihugu buboneye mu ikoranabuhanga, no kurinda ejo hazaza h’ikoranabuhanga ry’u Rwanda.
Ubukangurambaga buzashyirwa mu bikorwa biciye mu itangazamakuru ndetse n’inama, kugira ngo amahame yo kurinda amakuru bwite y’abantu agere kuri benshi. Uetse gushimangira uburenganzira ku buzima bwite mu baturarwanda, iyi gahunda igamije kubaka icyizere hagati y’abaturage n’inzego himakazwa ko kurinda amakuru bwite ari ikintu gihoraho. Ikindi kandi, ubu bukangurambaga ni urugendo rwo guha abaturage ubushobozi, kubafasha kuba intangarugero mu gukoresha neza ikoranabuhanga, no kurinda ejo hazaza h’ikoranabuhanga mu Rwanda.
Intego
Gushimangira ubutumwa ko kwiyandikisha ari intangiriro y’urugendo rwo kubahiriza amategeko.
Gusaba inzego gushyiramo umuco wo kurinda amakuru bwite no kubahiriza ubuzima bwite.
Guhugura abaturage kugira ngo bamenye uburenganzira bwabo nk’abafite amakuru bwite.
Abagenerwabikorwa
Inzego binyuze ku Bashinzwe Kurinda Amakuru Bwite (DPOs).
Abaturage.
Insanganyamatsiko
Kubahiriza amategeko ntibigarukira ku kwiyandikisha, ni urugendo ruhoraho (Inzego).
Ha agaciro amakuru yawe bwite (Abaturage).
Ubutumwa nyamukuru
Umuco wo kubahiriza amategeko: Kubahiriza nyakuri ntibigarukira ku cyemezo, ni umuco wo gufata inshingano.
Menya uburenganzira bwawe: Wowe ni wufite amakuru. Uburenganzira bwawe ni bwo bw’ingenzi. (Abaturage)
Ubuyobozi mu kurinda ubuzima bwite: Inzego zigomba kuba intangarugero mu kurinda amakuru bwite.
Kubaka icyizere: Kubaha ubuzima bwite byubaka icyizere hagati y’institusiyo n’abaturage.
Kubahiriza amategeko mu buryo buhoraho: Kubahiriza amategeko si igikorwa kimwe gusa, ni inshingano ikomeza.
Aho ubutumwa buzaca